mardi 6 décembre 2011

Kubera ubwoba akabariro ka mbere barabanje baragasengera

Kubera ubwoba akabariro ka mbere barabanje baragasengera


Umugabo w’imyaka 34, utarashatse ko izina rye ritangazwa, avuga ko we n’umugore gutera akabariro ka mbere byabagoye kuko muri bo nta wari warigeze akora imibonano mpuzabitsa.
Uyu mugabo, turi bwite Edouard Manirakiza, yarongoye mu mwaka w’1997; icyo gihe akaba atari bwuzuze imyaka 21. Manirakiza avuga ko uwo munsi w’ubukwe bwe we n’umugore we bagize ubwoba bwinshi cyane ku buryo ngo babuze uko batangira igikorwa nyirizina, buri wese yareba undi akamutinya. Nyuma rero, ngo umugore yamugiriye inama yo kubanza bakabisengera .
Uyu mugabo wasezeraniye mu idini ya ADEPR avuga ko gutera akabariro ka mbere byamubereye ikizamini gikomeye kuko atari azi uko yabigenza usibye kumva bavuga ngo umugore n’umugabo bararyamana.
Ati : «Mu by’ukuri njye numvaga ntazi icyo ndibukore, madamu wari wagize ubwoba arabwira ngo tubanze dusenge, twarasenze nyuma yaho birakoreka’’.
Manirakiza kuri ubu ufite abana batanu. Uyu mugabo avuga ko bakimara gutera akabariro ka mbere ubwoba bwagiye bubayoyokamo buhoro buhoro bagera aho barabimenyera.
Ku birebana n’uko umugore we yari kumwanga kuko atazi gukora imibonano mpuzabitsina Manirakiza avuga ko bitari gushoboka kuko nawe atari abifitemo ubumenyi .
Ati : « Iyo aza kuba yarabikoze nibwo yari kunyanga ariko nawe nta cyo yari yiyiziye ; yari umukobwa w’isugi wakuriye mu cyaro’’.
Icyakora ariko Manirakiza avuga ko nyuma yagiye abimenya kuko yabitinyutse akabasha no kwegera abandi bagabo bafite abagore bakamwigisha uburyo bikorwamo.
Ati : « Umwaka wagiye gushira nta cyo wambeshya ; njye na madamu dusigaye tubisobanukiwe buri wese aranyurwa ku ruhande rwe ‘’.
Uyu mugabo wavukiye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara kari mu ntara y’Amajyepfo avuga ko gushaka umugore ari byiza cyane cyane iyo uzi igutuma umushatse.
Manirakiza wakuze akora akazi k’ubufundi avuga ko kuva yashaka kugeza ubu atarigera yicuza impamvu yashatse kuko ibyo yifuzaga byose kurushako yabigezeho.
Ati : «Nashatse umugore nshaka ko azakumfasha kurera barumuna banjye nari narasigaranye no kugira ngo amfashe mu kwiteza imbere none byose nabigezeho ni byo ntarageraho mfite ibyigiringiro byo kuzabigeraho’’.
Akomeza avuga ko kubera gushaka umugore yageze kuri byinshi birimo , inzu ebyiri , imwe i Kigali indi mu cyaro i Save, umugore we yabashije kubona icyo akora.

Ibintu 10 abagabo bakunda ku bagore

Ibintu 10 abagabo bakunda ku bagore
Tuesday 6 December 2011

Ubushakashatsi ku biranga umugore mwiza bukomeje kuba bwinshi mu bice byose by’ isi, bashakisha ibintu by’ ingenzi cyane abagabo bakenera ku bagore. Hano twabakusanyirije ibintu 10 byatuma umugore ubyujuje ateretwa n’ abagabo bose, nk’ uko ubushakashatsi butandukanye bwagiye bubigaragaza.
1. Agomba kuba afite amaso meza
Ibi byemejwe n’ ikinyamakuru kimwe cyandika ku bagore nyuma y’ ubushakashatsi bwakozwe ku bantu 9000 kuri interineti. Iki gice cy’ umubiri kikaba cyaravuzweho gukurura abagabo cyane kurusha ibindi umuntu yakeka (abavuze ko bakunda ijwi ni 3%, abakunda imisatsi ni 6%, igihagararo ni 15%, naho 21% bemeza inseko). Amaso yarushije ibi byose kuko yagize 40% by’ amajwi y’ ababajijwe bose.
2. Agomba kuba atuje
Nk’ uko ubushakashatsi bwabanje bubigaragaza, ubwenge ntabwo bukwiye kwirengagizwa (bwagize 18%), gusa umutuzo uza imbere y’ ubwenge kure kuko wabonye amajwi 46%.
3. Agomba kuba ateye neza
Ubushakashatsi bwakorewe ku bagabo ibihumbi bibiri bwo bwerekanye ko abagera kuri 45% bikundira abagore bateye ukuntu gushimishije amaso yabo, mu gihe abandi 34% bakururwa n’ abagore cyangwa abakobwa bananutse.
4. Agomba kuba yambara kigore
Abasubije ku rubuga internaute.com, 50% bivugiye ko umugore mwiza agomba kuba yambaye inkweto ndende, imitako ku mubiri we ndetse yambaye n’ akajipo. Ibi ariko ngo ni byiza ku bagore batangiye gukura, kuko abasubije bagera kuri 55% bavuze ko bikenewe ko umugore yambara kigore igihe afite hagati y’ imyaka 45 na 55, naho abagera kuri 54% bavuga ko ibi bikenewe ku bagore bari hejuru y’ imyaka 55.
5. Agomba kuba afite uturangabwiza mu maso
Uru rubuga ruvuga ko abo rwabajije bagera kuri 42%, bemeje ko uturangabwiza dukurura benshi. Aha twavuga nk’ amaso y’ amatama (fossettes) ndetse n’ akananwa gasa nk’ akaguyemo, nabo ngo bakurura abagera kuri 23%. Gusa aha ntitwakwemeza ko ibi abanyarwanda babireba igihe bagiye gutereta.
6. Agomba kuba azi kwiyitaho
Ubushakashatsi bwerekanye ko umugore mwiza agomba kurangwa n’ isuku idasanzwe, kugira ngo arushe abandi. Agomba kuba atirengagiza utuntu twose ndetse n’ uduto, nk’ imitere y’ icyumba akoreramo, imodoka agendamo, cyangwa se imyenda yambara.
7. Umufaransakazi ajya aba mwiza
Ubushakashatsi bwakozwe n’ urubuga ruhuza abantu Meetic, rwagaragaje ko mu bagore bo mu bihugu bitandukanye bigize isi, abafaransakazi ngo baba bitwara neza ku buriri kurusha abadagekazi, abanya-espanye, abongereza n’ abandi. Icyakora ariko uru rubuga ntacyo rwigeze rutangaza ku banyarwandakazi.
8. Agomba kuba afite imisatsi y’ umukara, myiza
Mu bazungu, habamo abafite imisatsi yenda kuba umweru, ndetse n’ abafite iy’ umukara. Ubu bushakashatsi rero, bwerekanye ko abagera kuri 53 bikundira abagore bafite imisatsi y’ umukara.
9. Agomba kuba afite imisatsi miremire
58% by’ abagabo babajijwe, bemeje ko umugore aba ari mwiza cyane iyo afite imisatsi, gusa ngo kubera hadutse imisatsi y’ imiterano abemeje iyi ngingo ni 9% gusa.
10. Agomba kuba arimwo umukozi
Abagabo bagera kuri 60% bemeza ko umugore ufite akazi, byaba ngombwa akaba afite icyo ayobora bimwongerera amahirwe yo kuba yakurura abagabo.
Ubu bushakashatsi bwakozwe n’ abantu batandukanye mu bihugu byateye imbere. Ibi bivuze ko hari bimwe mu byo bishimira ku mugore bishobora gutandukana n’ ibyo abagabo b’ abanyarwanda bakunda.
Umwe mu banyamategeko bunganira madamu Victoire Ingabire yabwiye urukiko ko “umutwe w’ingabo wa CDF Ingabire ashinjwa kugira uruhare mu kurema ni uwo Vital Uwumuremyi, ubwe yihimbiye kuko ntaho ugaragara ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ikorera mu karere”.
Ano magambo, maitre Gatera Gashabana, yayavuze kuri uyu wa mbere, tariki 05 Ukuboza 2011, ubwo uruhande rw’abanyamategeko bunganira Ingabire rwariho rugeza ku rukiko icyo rutekereza ku bisubizo byantanzwe ku bibazo 150 rwabajije Majoro Vital Uwumuremyi na Lt Col Tharcisse Nditurende.
Uwumuremyi na Nditurende baregwana kandi bakanashinja Madamu Ingabire Victoire bimwe mu byaha aregwa birimo n’icyo gukorana n’umutwe w’iterabwoba.
Me. Gashabana, yavuze ko “nta na hamwe hagaragara imikoranire hagati ya Lt Col Tharcisse Nditurende na Ingabire mu gihe Nditurende yari i Burundi ngo kandi nyamara ubushinjacyaha buvuga ko Ingabire yari umuyobozi w’ikirenga we mu gikorwa cyo gushyiraho umutwe wa gisirikare wo kurwanya Leya y’u Rwanda.
Uno munyamategeko yabwiye urukiko ko imwe mu nimero z’ikinyamakuru umuseso, kuri ubu cyahagaritswe mu Rwanda, yigeze kuvuga ko hari gushakishwa abantu bo gushinja Ingabire Victoire.
Ku birebana n’ibyasubijwe na Nditurende, Me. Gashabana, nk’uko BBC ibitangaza, yabwiye urukiko ko [Nditurende] ari umuntu waguye mu mutego w’ubugambanyi yatezwe na Vital Uwumuremyi afatanyije n’inzego z’ubutasi.
Kuri Me. Gashabana, ngo ntibihagije kuba ubushinjacyaha buvuga ko Vital yafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Kongo Kinshasa.
Ku bw’iyi mpamvu, yasabye urukiko kubaza abinjira n’abasohoka, avuga ko bakoze impapuro yise “des faux papiers”, tugenekereje bisobanuye impapuro mpimbano.
Yanasabye kandi urukiko kwifashisha impuguke zigasuzuma zimwe mu nyandiko ubushinjacyaha buvuga ko Ingabire yandikiranaga na Vital Uwumuremyi, aho ngo ubutumwa bumwe bwoherejwe saa sita n’iminota 50 z’amanywa kandi ngo igisubizo cyabwo kikaboneka nk’isaha imwe imbere y’uko bwoherezwa.
Me. Murenzi wunganira Vital Uwumuremyi ntiyigeze yanga kiriya cyifuzo cy’uko hakwifashishwa impuguke.
Gusa, ku birebana na kiriya kibazo cy’amasaha akemangwa n’uruhande rw’abunganira Ingabire, Maitre Murenzi ngo atekereza byaba bifitanye isano n’amasaha atari ku gihe yo kuri mudasobwa ubwo butumwa bwohererejweho.
Me. Murenzi avuga ko ibyavuzwe na Majoro Uwumuremyi na Lt col Nditurende byose byuzuzanya ndetse ngo nta kuvuguruzanya kubirimo.

mercredi 30 novembre 2011

1. Nyir'amaguru yirukiye nyir'umugisha

2. Nyir'amaso yerekwa bike

3. Rubanda ni abahanya

4. Si uko i Mbali badiha !

5. Si umugabo ni Bitibibisi!

6. Si we Kamara

7. Sinkiranira Shyanda

8. Ubumwe buranuka

9. Umutima muhanano ntiwuzura igituza

10. N'itabiye burya iba ishaka iyayo

11. Nta nzoga ya Nzonnyo

12. Yaje nk' iya Gatera

13. Amagambo ageze iwa Ndabaga.

14. Nta byera ngo de!

15. Nyakamwe ntavumba mu Bakara

16. Inzira yabaye nyabagendwa.

17. Kami ka muntu ni umutima we.

18. Karaba zikurye.

19. Kugwa mu matsa.

20. Ndatega zivamo.

1  2  3 4  5  6 
Imiterere y'amazina y'inka n'ubwiza bwayo
Mu mazina y'inka abisi bavumbuye inganzo ishingiye ku ipima rigendera ku kabangutso. Ni ukuvuga imikoreshereze y'ubutinde bw'inyajwi.

Babipimye bate rero?
Reka tugendere kuri uru rugero kugira ngo dushobore kubyumva.

" Rutiimiirwa ziri mu mihigo "

Turabona muri uyu mukarago ko inyajwi ya mbere ifite ubutinde bubangutse, iya kabiri n'iya gatatu zikagira ubutinde bunimbitse, izikurikiyeho zose zikagira ubutinde bubangutse. Akabangutso kakaba rero gahwanye n'inyajwi ibangutse, naho inyajwi inimbitse ikagira utubangutso tubiri. Urugero tumaze kubona rukaba rubara utubangutso 12.

Abasesenguye amazina y'inka babyitondeye basanze
- hari agizwe n'imikarago ifite utubangutso 9
Uruqero : Inka ya Rumonyi
Rutagwaabiz(a) iminega
(i) nkuba zeesa mu bihogo
Rwaa mugabo nyirigira
(i) mbizi(i) isaanganizw(a) ingoma
n'umugabe w'i Ruyuumba
(i)kiiseesuur(a) imbibi
...

- hari agizwe n'imikarago ifite utubangutso 10
Urugero : Inka y'i Nyanza.
Ruti rwuuhira isahaaha
ingabo zihomerera impuunzi
rwaa manywa ya rugemahabi
Inkaburano y'impiingaane
Ya rukanikandoongoozi
Irazimena zigakubita
Zigituruka mu kireere.
...

- hari agizwe n'imikarago y'utubangutso 12
Uruqero : Inka ya Musoni.
Rwiiyamirira yuuhira imbuga
(I) nkuba zihiindura abanyabihogo
Rwaa Miriindi ya Siimugomwa
Imaana yaremye inyamibwa y'Impeta
Ntiibeho urugiingo uyihinyura
Yamara kuyigira intayoberana.
....

Icyitonderwa : Mu ibara ry'utubangutso, iyo inyajwi ebyiri zikurikiranye, iya mbere iburizwamo; inyajwi itangira umugemo ntibarwa.
  
Akamaro ko kwiga amazina y'inka
Umuntu yakwibaza niba kwiga amazina y'inka ubu hari akamaro bifite.
Uwabyibaza ntibyaba ari ugutazira. Birumvikana ko muri ibi bihe ndetse n'ibizaza ntawe uzongera kujya mu byo kwita inka. Ariko kumenya ubuhanga bw'inganzo iyi n'iyi ya kera nta cyo byishe, ndetse ni byiza. Cyane cyane byagira akamaro mu gihe umuntu yacengera iyo nganzo, hanyuma yamara kumucengeramo na we akaba yafatiraho akayikoresha mu bundi buryo. Nka Musenyeri Alegisi Kagame yacengeye iyi nganzo y'amazina y'inka, hanyuma aza kuyigenderaho ahimba "Umuririmbyi wa Nyiribiremwa" n'"Indyoheshabirayi".

Byongeye kandi umuntu ushaka kumenya ubuhanga bw'abahanzi b'i Rwanda ntagere kuri iyi nganzo y'amazina y'inka, ngo arebe ubuhanga bw'itondeke ripimye, yaba atakobwe byinshi. Ubwo buhanga bw'itondeke ripimye bavuga ko ntaho rikunda kuboneka muri Afurika uretse mu Rwanda (Francis Jouannet ), Prosodo1ogie et Phono1ogie Non Lineaire, 1985, p.73). Ibyo byaba ari nka bya bindi byo kwambara ikirezi ntumenye ko cyera.

Mu mazina y'inka harimo ko ubuhanga buhanitse. Uretse ubwo buhanga bw'itondeke ripimye, usangamo injyana, ari iy'isubirajwi, ari iy'isubirajambo; usangamo ubuhanga bwo gukoresha ijambo ryabugenewe; usangamo uburyo bwo gukoresha imibangikanyo; usangamo imizimizo myinshi inyuranye. Usangamo n'icyo abisi ubwabo bita ingaruzo. Ni ijambo risingiza cyangwa se interuro y'amagambo asingiza abami muri rusange cyangwa ingoma, hakaba n'asingiza umwami uyu n'uyu, ibikorwa bye cyangwa amatwara ye. Uwashaka kumenya imyifatire y'Abanyarwanda bo hambere, agashaka kumenya ibyo babaga bimirije imbere, yabisanga mu mazina y'inka. Ubutwari n'umurava birasingizwa, ubupfura no kwanga umugayo bikamamazwa.Abisi n'ingoma babayeho
  Abisi Ingoma
1. Nkibiki Gahindiro

2. Mugaragu Gahindiro na Rwogera

3. Bwarike bwa Mahanane Gahindiro na Rwogera

4. Bukambe Rwogera na Rwabugiri

5. Bikungero bya Murema Rwogera na Rwabugiri

6. Ndangamira ya Muyoboke Rwabugiri

7. Mareba Rwabugiri

8. Rukazambuga rwa Serupfura Rwabugiri

9. Rutaneshwa rwa Bikungero Rwabugiri na Musinga

10. Ndibyariye Musinga na Rudahigwa

11. Nyagahungu Rudahigwa

12. Sebikara Mariko Rudahigwa
 
IMVANO Y'INGANZO Y'AMAZINA Y'INKA
Mu Rwanda rwa cyera inka yari ifite agaciro gakomeye. Inka ni yo yarangaga ubukire. Niyo yari ifaranga ry'ubu. Inka ni yo yari ipfundo ry'ubuhake. Tuzi kandi neza ko ubuhake bwarambye mu Rwanda. Bwanahambiraga umugaragu kuri shebuja, akitwa umuntu we, akamwirahira. Bwagiye buvuna benshi bakabuvugiraho. Bati "ubuhake burica; ubuhake bujya kukwica buguca iwanyu; ubuhake bwananiranye bukukisha umugabo ikijyaruguru".

Hari n'abo bwatoneshaga bakarenguka. Bati "ubuhake bwa cyane bukunyaza mu ngoro". Bwateraga ubwibombarike. Bati: "iyo ubuhake buteye hejuru uratendera". Ariko rero kandi uwafataga nabi abagaragu yarabigayirwaga; umugaragu wahemukiraga shebuja yaragayikaga. Uwabaga ahatse abagaragu yagombaga kubagoboka bari mu byago. Umugaragu na shebuja babaga bafitanye ubumwe bukomeye bwafatiye ku nka. Iyo ubwo bumwe bwazagamo agatotsi ku mugaragu, shebuja yaramunyagaga, naho byaba biturutse kuri shebuja, umugaragu akamwimura akajya gukeza ahandi.

Intwari yo ku rugamba yagororerwaga inka. Inka yungaga inshuti. Uwahemukiye undi mu bintu bikomeye, akamuha icyiru cy'inka. Inka yahuzaga inshuti kuko abahanaga inka babaga babaye inshuti z'amagara.
Inka bayikwaga umugeni. Umusore wabaga yaraye arongoye baramubyukutukirizaga, inka zikamukamirwa. Mu itwikurura ry'umugeni bazanaga amata. Umubyeyi yarabyaraga, bajya kumuhemba bakazana amata.
Umwana iyo yahambaga se cyangwa sekuru yahabwaga inka y'inkuracyobo (inkuramwobo). Umwana wahambaga nyina cyangwa se nyirakuru byitwaga gukamira nyina cyangwa nyirakuru. Mu mihango yo kwera hazagamo ibyerekeye kujya ku kibumbiro, hakazamo ibyo guha amata abana b'uwatabarutse. Mu ndamukanyo z'abanyarwanda dusanga abantu bifurizanya gutunga. Bati "gira inka", "amashyo"

Nta wakwiyibagiza ko mu byo Abanyarwanda bafatiragaho bagena ibihe by'umunsi, inka yari iri mo.
Baravugaga bati :

  • Inka zivuye mu rugo (aho ni nko mu masaa moya)
  • Inka zikamwa (aho ni nko mu masaa moya na 15 - ubwo ziba zikamirwa ku nama, ku irembo)
  • Inka zahutse (aho ni nka saa mbiri)
  • Inyana zahutse (aho ni nka saa moya irengaho duke)
  • Inyana zitaha (nko mu masaa yine)
  • Mu mashoka (nko mu masaa saba)
  • Inka zikuka cyangwa mu makuka (nko mu masaa munani)
  • Inyana zisubira iswa (nko mu masaa cyenda)
  • Inka zihinduye (nko mu masaa kumi)
  • Inyana zitaha (nka saa kumi n'imwe)
  • Inka zitaha (nka saa kumu n'ebyiri n'igice)
  • Inka zikamwa (nko mu masaa moya).
Uwagendera byonyine kuri ibi byose tumaze kubona ntiyatangazwa no kubona haravutse ubuvanganzo bufatiye ku nka. Ibyo bigaragarira
  • Mu mahamba : ni indirimbo zaririmbwaga n'abashumba bacyuye inka. Izo ndirimbo zirazwi mu Rwanda hose.
  • Mu mabanga cyangwa mu mahindura : indirimbo abashumba baririmbaga inka zirisha, zitaha, batarazikata inkoni ngo ziboneze zitahe.
  • Mu nzira : indirimbo zaririmbirwaga inka mu gihe zabaga zigana amabuga cyangwa ibibumbiro.
  • Mu ndama : indirimbo baririmbaga mu gihe inka zabaga zibyagiye ahantu, bazishoye amabuga cyangwa ibibugazi. Izo ndirimbo hari n'ubwo zaririmbwaga mu minsi mikuru, bamurika inka. Icyo gihe abagore n'abakobwa bahimbazaga izo ndirimbo baziha amashyi.
  • Mu byisigo : indirimbo zo mu gihe cyo kudahira. Basingizaga amazi ahiye hamwe n'inka zabaga zayashotse.
  • Mu myama (mu myoma) : indirimbo zaririmbwaga mu gihe cy'impeshyi, zigisha (zigana ahari ubwatsi).
Abandi batangiye kuyisingiza mu mazina.
AMAZINA Y'INKA ICYI ARI CYO
Amazina y'inka ni nk'ibyivugo, nako ni ibyivugo by'inka. Inganzo y'amazina y'inka yadutse ahagana mu w' 1800 ku ngoma ya Yuhi Gahindiro. Kuva icyo gihe ni bwo abisi (abahanga mu byo kwita inka) batangiye ibyo kureba (mu bwenge) inka bakaziremesha ingamba. Inka baziremyemo imitwe bakayirwanisha. Buri mutwe w'inka wari ubangikanye n'umutwe w'ingabo nk'uko bigaragarira kuri iyi mbonerahamwe.

  Umutwe w'ingabo Umutwe w'inka Ingoma waremeweho
1. lbanyansanga Insanga Gihanga

2. Abakaraza Imirishyo Ruganzu Bwimba

3. Abariza Ibirayi Cyirima Rugwe

4. Abadaheranwa Inshya z'i Remera Mibambwe Mutabazi

5. Abadaheranwa Inka i Rwanda Ruganzu Ndori

6. Abashakamba Umuhozi Mibambwe Gisanura

7. Abazirakubingwa Ibinda Yuhi Mazimpaka

8. Ababanda Imitagoma Yuhi Mazimpaka

9. Indara Amarebe Yuhi Mazimpaka

10. Nyaruguru Inkondera Cyirima Rujugira

11. Nyakare Ibyiza Cyirima Rujugira

12. Imbanzamihigo Abazatsinda Cyirima Rujugira

13. Abarima Nyamumbe Cyirima Rujugira

14. Indirira Inyamuteri Cyirima Rujugira

15. Abakemba Imisugi Cyirima Rujugira

16. Ababito Inkungu Kigeri Ndabarasa

17. Imvejuru Inkabuzima Kigeri Ndabarasa

18. Abashumba Umuriro Kigeri Ndabarasa

19. Abatanguha Mpahwe Kigeri Ndabarasa

20. Abakwiye Amahame Mibambwe Sentabyo

21. Impara Impara Mibambwe Sentabyo

22. Intaganzwa Uruyenzi Yuhi Gahindiro

23. Uruyange Ingeyo Yuhi Gahindiro

24. Inzirabwoba Indirikirwa Mutara Rwogera

25. Abahirika Urugaga Kigeli Rwabugiri

26. Abarasa Ingaju z'i Sakara Kigeli Rwabugiri

27. Abashozamihigo Ingaju z'i Rwamaraba Kigeli Rwabugiri

28. Impamakwica Ingaju z'i Giseke Kigeli Rwabugiri

Buri mutwe wabaga ufite ibyiciro bitatu :
  • Amashyo y'inka yaremwe n'umutware w'ingabo, amwe ari ay'inkuku, andi ari ay'inyambo.
  • Amashyo y'abakomeye bari abatunzi bo muri uwo mutwe w'ingabo.
  • Inka z'imbata. Izo zari inka za rubanda bo muri uwo mutwe w'ingabo. Izo nka ntizari ingabane, ni izo umuntu yabaga yarihahiye.
Muri izo nka zose izo umwisi yitaga ni inyambo gusa. Abisi barwanishaga (mu mazina yazo) Ibihoqo (ubushyo bwaremwe butowe mu Rwanda) n'Amagaju (ubushyo bwaremwe butowe mu minyago ivuye mu mahanga nko mu Ndorwa cyangwa muri Ankole). Umwisi yabaga agiye kwita nk'ubushyo bwo mu mutwe w'Ibihogo akabuteza umutware w'Inyambo, akabuteza umutahira n'abarenzamase bo mu bushyo bw'Amagaju.

Umwami n'umutware w'ingabo umwisi yirindaga kubateza inyambo cyangwa kubitirira (kubapfobya, kubahinyura).
Umutware w'Inyambo n'ubwo umwisi yashoboraga kumwitirira yari umutegetsi ukomeye. Yashyirwagaho ngo agenge Inyambo zose zo mu mutwe w'inka uyu n'uyu. Ubwo butegetsi yaburagaga umwana we, bakagenda basimburana mu bisekuruza byabo. Na we umutware w'ingabo yashoboraga kunyagwa ingabo, akaba anyagiwe ko n'umutwe w'inka bibangikanye. Umutware w'Inyambo we ntiyanyagwaga, yari ashinzwe guhora yorora Inyambo, akagenda azongera mu ibangurira ry'Inkuku ku mapfizi y'Inyambo. Bwari ubumenyi umuryango we ushinzwe ku ngoma zose.

Ubwo bumenyi bwari buteye bute? Bwari ukubiri:
  • Uburyo bwa mbere bwari ubwo kubangurira inka z'Inkuku ku mfizi y'Inyambo. Izo zibyaye zikitwa ibigarama. Ibyo bigarama bikazabangurirwa na byo ku mfizi y'Inyambo. Izivutseho zikitwa Inkerakibumbiro. Izo nkerakibumbiro zabangurirwa ku mfizi y'Inyambo zikabyara Imirizo cyangwa Ibisumba (iyo ari izo mu mutwe w'inka utigeze ingegene). Imirizo cyangwa Ibisumba zamara kubangurirwa ku mfizi y'Inyambo hakavuka noneho Inyambo zuzuye bitaga Ingegene.
  • Uburyo bwa kabiri bwari ubwo kubangurira Inyambo z'Ingegene ku mfizi y'Inkuku zikabyara Ingegene.
Umuntu yakwibaza icyababwiraga ko Inyambo ari Inyambo yuzuye. Inyambo zari zifite umubyimba muremure n'amahembe maremare. Umuntu yakwibaza n'icyo bakundiraga Inyambo. Nta kindi kitari ubwiza bwazo. Barazimurikaga mu birori, barazitoje uko zigenda no kudakangarana muri ibyo birori. Umuntu w'ubu kugira ngo abyumve bimujye mu bwenge biraruhije. Ariko kandi kumva ubwiza bw'ikintu, bw'ibintu, bw'imikino n'ibindi bijyana n'ibihe ntibigoye.

Umutahira we yari umunyacyubahiro baremeraga ubushyo bw'Inyambo bwo mu mutwe uyu n'uyu w'inka akabubwiriza (akaburagira, akabukenura) bukazarinda busaza. Guha umutahira ubushyo byitwaga kumuziturira (kuzitura inyana mu kiraro bakazimuha) cyangwa kumuha inkoni (inkoni y'ubushumba). Inka zo muri ubwo bushyo zamaraga kuba amabuguma, umutware w'ingabo akazicyurira (akazegurira) umutahira, zikaba ize bwite.
Ubwo na we yaraziguzaga ku bashaka kuzikenuza, bakazamwishyura Imikangara. Inka ze bwite zahindukaga Imirundi y'inyambo (ni ukuvuga ko igihe bashakaga kurema amashyo yandi y'Inyambo yatorwaga inyana zo kugwiza ubushyo bushya). Uwo mutahira yabaga ari mu rwego rw'abashumba b'Inyambo. Ubushyo ashinzwe bwarasazaga bakamuremera ubundi bushyashya cyangwa bakaburemera umwana we w'umuhungu.

Abarenzamase
bo bari nk'abakozi. Bari bashinzwe kuragira (kwirirwa inyuma y'inka), bagakuka ibiraro, bagaca ibyarire. Bashyirwagaho n'umutahira.
      
IMYITIRE:Iyo inyambo zabaga zimaze kubyara uburiza, umutahira w'inyambo yatumiraga umwisi, akazitegereza neza, maze iz'ingenzi muri zo akazita, akaziha inshutso. Yamara kuziha inshutso agataha. Ubwo bamuhaga inka y'intizo ikamwa, yamara kuyitekesha akayisubizayo.

Iyo ubushyo bwa za nyambo bwamaraga kubyara ubuheta, bongeraga gutumira umwisi ngo agire icyo yongera ku nshutso. Ubwo yitaga iy'indatwa muri za mpete, akayisingiza. Inshutso yari yarayihaye mbere ikaba ari yo ibanza, ikitwa impamagazo, igisingizo cya kabiri ayihaye kikitwa impakanizi, ibindi bisingizo bikitwa imivugo. Igisingizo cya nyuma kikitwa umusibo (iyo cyabaga gisingiza ya ndatwa y'isonga yonyine) cyangwa imivunano (iyo cyabaga gisingiza za ndatwa zose yari yarahaye inshutso mu ikubitiro). Yamaraga gusoza uwo murimo wose wo kwita inyambo bakamuha inka y'ingororano akayicyura ikaba iye y'ishimwe.
                              

dimanche 27 novembre 2011


IBYIZA BYO GUSOMANA




                         
Nubwo abantu bafata ugusomana mu buryo butandukanye, bamwe bagasomana bitabari ku mutima, abandi bagasomana kubera kumva basomana gusa, ariko igikorwa cyo gusomana kigomba gukoranwa ubushake n’ubwumvumve buhagije kugira ngo kigirire akamaro umubiri wa muntu.
Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho ibyiza byo gusomana bitandukanye nk’uko abashakashatsi babishyize ahagaragara.
Nkuko byanditswe mu gitabo kitwa "1001 petites choses que vous ignoriez sur la sexualité" cyanditswe na Alain Gaudey ngo igikorwa cyo gusomana iyo gikozwe neza gishobora gutwika Karoli (Calories) nyinshi zashoboraga kuba zatwikwa n’igikorwa cy’imyitozo ngororamubiri ihagije. Ubushakashtasi kandi bwerekana ko iyo abantu bari mu gikorwa cyo gusomana buri munota batakaza byibuze Kalori zigera kuri 2 na 3, zikaba zingana n’izo umuntu ashobora gutakaza yirutse metero 500.
Indi mpamvu igaragaza ibyiza byo gusomana ngo ni uko iyo abantu bari gusomana, iki gikorwa gikoresha udutsi duto turenga 12 two ku minwa n’utundi turenga 19 two ku rurimi. Iyi mitsi rero ngo iba ikeneye kunyeganyezwa ikaba kandi ifashwa n’iki gikorwa mu gukomeza akazi kayo ko gufasha umunwa n’ururimi ubwumve bw’ibiyigezeho birimo kuryoherwa mu gihe umuntu ari gufata amafunguro n’ibindi. Ibi ngo bituma umuntu agabanya umunaniro ndetse ubwonko bugasubira gutekereza neza mu mutuzo.
Iyo abantu bari gusomana kandi ngo hari (Hormones) za “Ocytocynes » zinjira mu wo muri gukorana icyo gikorwa bikongera ubwizerane no kwiyumvanamo. Mbese ngo igikorwa cyo gusomana cyongera ikizere hagati y’abashakanye cyangwa abakundana ndetse bikanatuma murushaho kwegerana.

jeudi 24 novembre 2011

Imvubu yiyororeye niyo yamwivuganye!!!


Nyuma y’imyaka itandatu abana n’imvubu, kamere-bunyamaswa yaranze maze iri tungo ryirenze nyir’ukuryorora.
Marius Els, umworozi wo muri Afurika Yepfo yishwe n’imvubu yari yoroye mu gikingi cye. Ino mvubu nk’uko tubikesha ikinyamakuru Daily Mail yatangiye kuyorora ifite amezi atanu gusa, akaba ndetse yarakundaga kuyigereranya n’umwana we.
Daily Mail itangaza ko mu ijoro ryo ku cyumweru gishize ari bwo ino mvubu, yari yarabatijwe Humphrey, yishe shebuja Marius Els, w’imyaka 41, nyuma yo kumukacanga ahantu hatandukanye ku mubiri.
Umubiri wa nyakwigendera watoraguwe wangiritse bikomeye, mu mugezi uca mu gikingi cya hegitari hafi 162 giherereye mu gice cy’icyaro aho yari asanzwe atuye.
Ubwo yicaga uriya mugabo, Humphrey [iriya mvubu] yari ifite imyaka itandatu, ipima ibiro 1200.
Ubugome bw’ino mvubu bwagaragaye muri Werurwe uno mwaka, ubwo yashakaga kugirira nabi abantu babiri bari batwaye ubwato buto barimo bagendagenda muri uriya mugezi wa Vall.
Nyuma yo kubavudukana, byasabye ko umubago w’imyaka 52 hamwe n’umwuzukuru we w’imyaka irindwi bava mu bwato, burira igiti.
Bari mu giti, bagerageje gusakuza no gukoma mu mashyi mu rwego rwo kwirukana iriya mvubu, dore ko yari yabategerereje munsi y’igiti, ariko biba iby’ubusa.
Kera kabaye, shebuja wayo yaje kuyishukashuka akoresheje urubuto rwa “pome”. Yatangaje ko icyatumye iri tungo rye rishaka gusagarira bariya bantu ari uko ryari rishonje.
Ku munsi w’ejo, nibwo Jeffrey Wicks, umuvugizi w’urwego rw’imidoka z’imbangukira-gutabara z’abikorera ku giti cyabo yatangaje ko, abakozi babo bahamagajwe igitaraganya kwihutira kugera kwa Bwana Marius Els. Hari ku mugoroba wo ku cyumweru gishize.
Jeffrey Wicks avuga ko abaganga bahageze bwa mbere basanze uriya mugabo yarumaguwe bikabije n’iriya nyamaswa-tungo gisimba.
Imvubu zifatwa nka zimwe mu nyamaswa zigira amahane cyane ku isi. Muri kamere yazo, zigira amahane menshi, bikaba akarusho iyo zifite ibyana.
Zikunze kwica abantu niyo ntacyo baba bazitwaye. Zifashisha akenshi amenyo maremare y’imikaka zigira. Aya menyo ashobora gukura kugera kuri sentimetero 50, zingana na kimwe cya kabiri cya metero.
Imvubu kandi igira uburemere bushobora kugeza kuri toni eshatu, ikaba ishobora kwiruka kilometer 3 mu isaha.
Ingingo wakwitaho mbere yo guhitamo umufasha


Muri iyi minsi, ingo zitandukanye ziri kugenda zisenyuka kurusha mu bihe byo ha mbere, ku buryo buri wese yumva ashaka kugira icyo akora mu rugamba rwo gushakira umuti iki kibazo. Hari abana baba mu muhanda no mu bigo ngororamuco kandi atari ho bakwiye kuba ; ibi bigaturuka ku ngaruka z’ ababyeyi babanye hari ibyo batabanje gutekerezaho cyangwa se kuganiraho.
Muri iyi nkuru, haragaragaramo zimwe mu ngingo nyamukuru zo gutekerezaho cyangwa se kugenzura mbere yo guhitamo umuntu muzabana ubuzima bwose, akakubera mama cyangwa se papa w’ abana uzabyara.
 Niba wemera ko Imana ibaho kandi ko ishobora byose
1.saba umuremyi wawe kugufasha muri icyo gikorwa aguha imbaraga mu guhitamo neza umugore cyangwa se umugabo mushobora kuzabana mu gasazana hatabaye urupfu.
2. Ganira n’ umutimanama wawe. Burya buri wese aganira n’ umutima we mbere yo gufata icyemezo icyo aricyo cyose, si byiza na gato gufata icyemezo igihe umutimanama wawe uguhatira gukora ibitandukanye. Burya ku bantu batagize ibibazo bihungabanya imitekerereze si kenshi umutimanama w’ umuntu umushuka. Ku bantu benshi burya isura ya mbere uhaye umuntu ukimubona akenshi usanga n’ ubundi ariyo y’ ukuri.
3. Kora iperereza ryawe bwite : gerageza kumenya impamvu uyu muntu agushakaho umubano. Ese aragukunda uko uri, cyangwa akeneye umuntu ku buryo buri wese bahura bahita bakomezanya? Ese ni ukubera iki ashaka gukora ibintu bisa n’ aho bidasanzwe ngo abe yashaka kubana n’ umuntu bakomoka mu gihugu kimwe cyangwa umuco umwe? Nusanga agukundira amafaranga, akazi ufite, umuryango ukomokamo, imitungo n’ ibindi nk’ ibi, uyu muntu uzamwibagirwe kuko nta kindi yakuzanira uretse ibibazo n’ agahinda gusa.
4.Menya umuntu witegura kubana nawe mbere y’ uko murushinga: Kubona umuntu rimwe cyangwa se kabiri ari kumwe n’ inshuti ze ntabwo bihagije ngo ube wahita uvuga ko ubonye umuntu wo kuzabana nawe. Shaka umwanya muganire mwenyine, umenye ibyo atekereza, ibyo aha agaciro, ibyo akunda n’ ibyo yanga, ubundi wumve niba wabana n’ umuntu nk’ uwo.
5. Ganira n’ abantu batandukanye (ni byiza ko baba benshi bataba umwe gusa) bazi neza umuntu witegura kubana nawe. Niba udashoboye kubikora saba umwe mu bantu wizeye abigukorere. Vugana na benshi mu bantu baziranye, ndetse n ‘ abatari inshuti ze, kuko inshuti ze zishobora kumuhishira.
Gerageza kumenya utuntu dutandukanye two mu buzima busanzwe, nk’ ibijyanye no kumenya niba arakara ubusa, uko yitwara iyo arakaye, ese arihangana, agira ikinyabupfura, akunda abantu, uko yumvikana n’abantu, uko afata abantu badahuje igitsina, uko abanye n’ ababyeyi be (niba abafite) cyangwa n’ abo babana, niba akunda abana, ibyo akunda gukora n’ ibindi.
Gerageza kuganira n’abantu baziranye ugamije kumenya imishinga afite mu gihe kizaza. Ese iyo mishinga ihuye n’ iyo yakubwiye ? Gerageza kumenya byinshi bishoboka. Genzura imishinga ye y’ igihe kizaza – aho yifuza ko mwazajya gutura, ubuzima yifuza ko mwazabaho, uburyo akoresha amafaranga ndetse n’ ibindi bintu atunze. Niba udashoboye kubona ibisubizo by’ ibi bibazo byose mu nshuti ze, bimwibarize we ubwe ubundi ugenzure niba atari kukubwira ibyo atekereza ko ushaka kumva.
Hari igihe umuntu asezeranya byinshi abakunzi babo mbere yo kubana, kugira ngo abone umufasha yifuza ariko nyuma yaho byose akabyibagirwa ntibazigere babikora. (ibi biba ku bagore ndetse no ku bagabo)
6. Shakisha amakuru ku muryango we. Uko abana n’ ababyeyi, abavandimwe ndetse n’ umuryango we mugari. Ese ni iyihe mishinga abafite ho y’ igihe kizaza? Ese ibi byazagira ingaruka ki ku rugo rwanyu? Ese ababyeyi be bagira imico ki ? Ese ababyeyi be bashyigikiye umubano wanyu, cyangwa bakora uko bashoboye ngo babatandukanye ? n’ ubwo mu buzima bw’ iki gihe ibi byose bititabwaho ndetse bidahabwa agaciro nyamara ngo biba bikenewe kugira ngo urugo rukomere.
7. Menya niba ushobora kumvikana n’ umukunzi wawe. Ni byiza ko muganira mbere yo gushinga urugo ibijyanye no kuringaniza imbyaro, ese niryari yifuza kubyara abana, ese yumva mwabarera mute, ibijyanye no gushaka abakozi bo mu rugo, amashuri yumva abana bakwigamo, uko yazafata umuryango wawe cyangwa se uwe, ukamenya niba iyo agize ikibazo yumva yakugisha inama mbere yo gufata icyemezo.
8.Reba uko yitwara mu bihe bitandukanye hamwe n’ abandi, uko ahura n’ ibintu bitandukanye mu bihe bitandukanye, ndetse n’ uko afata abantu batandukanye bahuriye mu bihe bitandukanye.
9. Menya neza imyemerere y’ umukunzi wawe. Ni byiza ko ubana n’ umuntu muhuje imyumvire cyangwa se muzi neza ko mugomba kubahana ku bijyanye n’ imyemerere igihe mutayihuje, ndetse mukanubaha ibijyanye n’ imigenzo igendana n’ imyemerere yanyu. Igihe iki kintu mutabasha ku cyumvikanaho, bishobora kubakururira amakimbirane ahoraho mu muryango wanyu.
10. Wikwihuta. Ingo nyinshi zisenyuka kuko abantu babanye batabanje gufata igihe gihagije cyo kumenyana no gukora ubushakashatsi ku bakunzi babo, nk’ uko byagaragajwe haruguru cyane cyanemu bihugu byateye imbere aho bavuga ko abantu bamenyana icyumweru kimwe bagahita bafata icyemezo cyo kurushinga hashira ikindi bagatandukana.
11. Ibaze uti ‘ese koko nkeneye uyu muntu nka mama cyangwa se papa w’ abana banjye ?’ niba utarabyiyumvamo neza cyangwa se ufite gushidikanya, ongera utekereze. Ibuka ko gushyingirwa atari ibintu by’ uno munsi cyangwa ejo gusa ahubwo ko ari iby’ ubuzima bwose, kandi ko ikiruta ibindi muri icyo gikorwa ari ugushinga umuryango. Niba ubona umukunzi wawe ashobora kutazavamo umubyeyi mwiza, uzaba uri guhemukira abana uzabyara kuko hari ibyo bazabura kuri uwo mukunzi wawe.
12. Ntuzigere na rimwe wemera ko hagira ugushushubikanya mu gukora ubukwe. Umutima wawe uba ugomba kumva ko ariwo ubwawo ufashe icyemezo, ntabwo ari umutima w’ undi muntu uwo ariwe wese.
13. Ntuzigere na rimwe wemera gushyingirwa kuko wahawe amafaranga cyangwa se ukurikiye ubukire. Aya ni amakosa akomeye kuko ubukwe ni gahunda y’ ubuzima bwose. Nonese icyo ukurikiye gishize nawe wahita utandukana n’uwo mwashakanye ?
Ibi bintu byose bikurikijwe, ibyago byo kugira urugo ruhoramo amakimbirane, intonganya biganisha ku gusenya byagabanuka cyane. Guhitamo umufasha (umugore/ umugabo) ibi kandi ni cyo cyemezo gikomeye umuntu afata mu buzima bwe, kuko umufasha wawe ashobora gutuma ubuzima bwawe buba bwiza cyangwa se bubi, mu bihe byiza cyangwa se bibi by’ ubu buzima. Ni byiza ko iki cyemezo ukiganiraho n’ ababyeyi inshuti n’ abandi wizera gusa gufata icyemezo bikaba ibyawe wenyine.

mercredi 23 novembre 2011

Bamwe mu basore bavuga ko ubusugi bw’abakobwa bwasimbuwe n’ibikekerezo byubaka

 Bamwe mu basore n’abagabo batuye mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kuri ubu abasore basigaye bagera mu gihe cyo gushaka batagitekereza gushaka umukobwa w’isugi ahubwo baba bashaka umukobwa ufite ibitekerezo byakubaka urugo ngo kuko wishinze iby’ubusugi ushobora kumara imyaka n’indi utaramubona.
Nshimiyimana Antoine, umusore w’imyaka 27 y’amavuko avuga ko atarashaka ariko ngo najya gushaka ntazirirwa ata umwanya ashaka umukobwa w’isugi kuko azi neza ko kumubona byamurushya.
Agira ati :”Ariko se ubundi tutagiye turenganya abakobwa, ubundi ko umuntu asigaye ajya gushaka yararyamanye n’abatagira ingano ubwo isugi umuntu aba yumva azayikura he ?”
Uyu musore akomeza avuga ko aho kugira ngo umuntu ajye ata umwanya ashaka isugi yawuta ashaka umukobwa bahuza ibitekerezo ubundi bagafatanya kurushinga. Ati : “Kuri ubu ibitekerezo byasimbuye ubusugi”.
Nshimiyimana avuga ko impamvu mbere abahungu bahaga ubusugi agaciro cyane ari uko benshi muri bo wasanga barifashe bakumva ko bagomba kuzabana n’abakobwa bameze nkabo, hakaba n’abandi bibeshyaga ko abahungu aribo bemererwa gukora imibonano mpuzabitsina gusa barashaka nkaho babaga babikorana n’abandi batari abakobwa.
Arongera ati : “N’ukwihangana twese twarashize, ubundi tugaharanira gushaka abo duhuza, kuko nti wavuga ngo urarya inyama kandi ntazo uri bubone.”
Umusore witwa Dani we avuga ko kugeza ubu yumva atifuza kuzashaka umukobwa ahubwo yumva azishakira umugore cyangwa umukobwa wabyariye iwabo kuko aribwo azumva atwaye umuntu azi neza ko atari isugi, aho kuzatwara uwo yita isugi yarangiza agasanga arutwa n’umugore wabyaye.
Ati : “Oya, kugira ngo mbihime byose nzishakira uwabyaye mbona ko ntaho ankinze.”
Dani avuga ko mu bisanzwe umuntu yikunda akaba ari nayo mpamvu aba yumva yashaka umukobwa utarakora imibonano mpuzabitsina ariko nyine kuko muri iyi minsi utapfa kumubona we ahitamo kuzashakana uwabyaye.
Agira ati :”Ubundi ibi bisa no kujya kugura amazi afunze neza mu gacupa ukayabura bakagusukira ayo mu kajerekani.”
Mu bihugu bitandukanye bafataga ubusugi nk’ikintu gikomeye cyane akaba ari nayo mpamvu iyo umukobwa yajyaga gushyigirwa yambaraga ikanzu yera mu rwego rwo kwerekana ko ari isugi, agaragaza ko umubiri we umeze nk’umwambaro yambaye.
Kuri ubu rero si ko bikimeze abakobwa benshi basigaye bashyingirwa baratakaje ubusugi bikanatuma biyambarira amakanzu afite irindi bara ritari iryera, muri iki gihe uwo uzabona yambaye ikanzu y’umweru uzamenye ko arimo gukurikiza imihango ya kera.
Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2005 bugaragaza ko abantu benshi batakaza ubusugi bwabo cyangwa ubumanzi bari mu kigero cy’imwaka17 n’igice. Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ho hari ababutakaza bari munsi cyangwa bafite imyaka 15 y’amavuko.
Ibihugu bifata umwanya wa mbere mu kurinda ubusugi n’ubumanzi ni igihugu cya Maleziya aho benshi bagira imyaka 23 batarakaza ubusugi cyangwa ubumanzi bwabo ku mugabane w’Afurika ho haza Nigeriya aho benshi babutakariza ku myaka 19.

urwenya(kirundi)

Abamanuka


Hariho umugore yaje ava ruguru amanutse i bujumbura abona izuba ni ryose abaza mugenzi we ati: "Mbega iri zuba muribamwo gute hamwe nubu bushuhe?" Nyamugenzi we amubarira ati: "Ntubona ko twese tugenda twambaye amarori?"

Haheze iminsi aja mumangazini kugura marori ahura n'umudandaza waho ara mubaza ati: "Mwoba mugurisha amarori?" Ara mubaza nawe ati: "ushaka amarori yizuba?"

Nyamugore aramwihweza aca amubwira ati: "aho witegereje usanga nizuba rikeneye amarori...????"

-IBINTU 10 BISHOBORA GUTUMA ABANTU BABIRI BAKUNDANA BAKOMEZA URUKUNDO RWABO

 
1. Kubabarirana Iki ni ikintu gikomeye cyane mu rukundo. Kurya nta zibana zidakomana amahembe, kubabarira ni ingabo y’ingenzi mu rukundo kugirango rurambe, bikaba bigoboka abakundana igihe habayeho kubwirana nabi no kugira ibyo mupfa. Kubabarira bituma murushaho kubana neza, kandi bikagarura ikizere hagati yanyu.
2. Guhitamo igihe kiza Igihe ni ikintu cy’ingenzi mu buzima bw’abantu bwa buri munsi. Niyo mpamvu guteganya igihe cyanyu mu bikorwa byanyu bya buri munsi, mukishyiriraho icyo bita horaire cyangwa se timetable mu minsi yose biba byiza cyane. Aha ariko mukibanda cyane ku kintu cyo guhana umwanya wo kuganira, wo gutembera ndetse no kwibutsanya ibintu bimwe na bimwe byabashimishije kuva mukimenyana.
3. Kuganira Kuganira ni ikintu cy’ingenzi cyane mu gutuma couple yanyu ikomera, umwe akareka kwigunga ukwe ahubwo buri wese akabwira undi ikimubabaza, akamubwira uburyo abona ibintu, akamwereka ibitamushimisham kandi biba iby’ingenzi cyane no gutega matwi uwo murimo muganira. Aha bikava ku kuba muri rusange abagabo bazwiho kuvuga make, naho abagore bakavuga menshi, iyo wumva udashaka kurondogora byinshi biba byiza iyo uteze amatwi, nabyo birafasha.
4. Kwirinda kubwirana nabi igihe muganira : Kuganira no kubwirana nabi biratandukanye, kandi nta muntu wifuza kubwirwa nabi. Ni byiza rero kwishyira mu mwanya wa mugenzi wawe ugakomeza guharanira ko ahorana akanyamuneza wirinda kumubwira nabi.
5. Kubwirana ko mukundana Hari igihe umukunzi wawe aba afite ibyo agutekerezaho bitari byiza, bityo kumubwira ko umukunda bikaba byabimwibagiza. Hari igihe nanone umukunzi wawe aba agishidikanya, maze kumubwira kenshi ko umukunda bikamuha icyizere gihamye cy’urukundo umukunda. Uretse ibi kandi, urukundo rukeneye guhora rwuhirwa rubagarirwa, niyo mpamvu igikoresho cyiza cyane kandi cy’ingenzi gishoboye ako kazi ari ukubwira umuntu ko umukunda.
6. Kwandikirana amagambo meza kandi atuje Kera byahozeho, aho akabaruwa k’umukunzi umuntu yakagendanaga iteka. Ubu kwandikirana ku mpapuro ntibigikunda kubaho, ariko kandi amagambo meza y’urukundo ushobora kuyamwandikira ukoresheje sms, e -mail, cyangwa se n’ibaruwa isanzwe, ibi bikamufasha kumwereka ko aho uba uri hose umutekereza.
7. Guhoberana no gusezeranaho : Iki ni ikimenyetso cy’uko ukunda umuntu, bityo ukareka kubyihererana ukabimwereka. Nta mpamvu yo kudahobera umukunzi wawe igihe ugiye kumuva iruhande, haba kujya ku kazi cyangwa se ahandi, ndetse n’igihe ugarutse. Ibuka kuba ariwe ubanza mbere y’abandi usanze mu rugo bose.
8. Gutemberana Igihe mwatemberanye n’umukunzi wawe cyangwa se muri kumwe, burya ngo ni inkingi ikomeye yo gukomeza urukundo rwanyu. Nimujya gutembera umwe akagendera muri metero nyinshi mufite isoni zo kwegerana, icyo gihe muzamenye ko urukundo rwanyu rurimo gucumbagira.
9. Gutungurana Gutungurana cyangwa se surprise, ni byiza cyane kuko byereka umukunzi wawe ko atagutekereza gusa iyo muri kumwe ko ahubwo niyo umuri kure agutekereza bityo akakugenera impano zitandukanye kandi zinatunguranye. Izi mpano ntibisaba ko ziba zihenze, ni impano umuntu wese ashobora kubona ku rwego rwe. Urugero, igihe uguriye umugore wawe sambusa ukayimuha ku giti cye utayihaye abana, cyangwa se n’abana ukaba wabageneye izabo ukwabo, burya iyi nayo iba ari impano itunguranye kandi yereka uwawe ko umuhoza ku mutima aho ugenda hose.
10. Sport Iki nacyo kiri mu byatuma couple yanyu irushaho gukundana kuko nk’urugero iyo mwirukankana hamwe (course) bituma murushaho kuba hamwe kandi niba uri umukobwa bikereka incuti yawe ko ushaka kugumana ya taille yakumenye ufite ukaba ushaka kutayita bityo nawe akarushaho kugukunda. Gusa, ibi ntibivuga ko gukora sport bizatuma ya taille utayota byanze bikunze. Ariko nibura nawe aba abona ko ntako utagize

-Kuba ari mayibobo y’umukobwa bituma akora imibonano mpuzabitsina atabishaka


Biragoye kubona umukobwa wo mu muhanda aba bazwi ku izina rya mayibobo mu Rwanda, nyamara mu Mujyi wa Kigali mayibobo z’abakobwa birirwa mu muhanda bakanawuraramo witegereje neza wababona ku bwinshi.
Mukansanga Jeannette uzwi ku izina rya Nyirabukara kubera uruhu rwe, ni umugore w’imyaka 27, aba mu muhanda wo mu gasantere ka Kimironko, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Amaze imyaka 10 yibera mu muhanda.
Ni mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Igihe.com, Gerard Gitoli Mbabazi.
Igihe.com : Wavuye iwanyu ryari ?
Nyirabukara : Navuye iwacu igihe hari hakiriho amakomini ubu sinzi uko basigaye bahita ariko bahitaga i Kibungo kuko ndabyibuka nageze hano uyu muhanda wa Kimironko ukiri ibitaka.
Mukansanga Jeannette
Igihe.com : Kuki wataye iwanyu ukaza mu mujyi ?
Nyarabukara : Nahavuye kuko iwacu nta buzima nahabonaga kandi n’umugabo twari tumaranye imyaka itatu yabonye ntwite ahita anyirukana ngo ‘genda uzayibyarire iwanyu’. Nabayeho nabi ku buryo utabyumva kugeza n’ubwo abazungu bo mu kigo cy’imfubyi cy’i Kabarondo baje bakantwara umwana nabyaye.
Igihe.com : Kugeza ubu nturasubira iwanyu se ?
Nyirabukara : Muri 2002 nagiye kureba umwana wanjye ariko nageze ku kigo aho arererwa baranyihakana ngo nta mwana nabahaye, ubu shenge umwana wanjye azi ko ari imfubyi kandi afite se na nyina nta kabuza na mama ubu atekereza ko byarangiye kandi narabuze uko nsubirayo.
Igihe.com : Ntukumbura umwana wawe se cyangwa umubyeyi wawe ?
Nyirabukara : Ndabakumbura nyine none se nkore iki ko nabuze tike insubizayo ? Umuntu aba yarabaye igiti sha.
Igihe.com : Kuki se nibura utacuruje agataro nk’abandi bagore ?
Nyirakamana : Nkigera i Kigali, nabuze igishoro mpita niyemeza kubaho gikoboyi.
Igihe.com : Mbwira uko ubuzima bwawe buba bwifashe ku munsi n’ikigutunga ?
Nyirabukara : Ubundi nirirwa aha unsanze, simpava mba ngogereye kuri puberi kugirango ntoragure ibiryo byo muri resitora baje kumena cyangwa ibipapayi na bya avoka baba bataye kuko nanga gusaba. Nkirirwa aha niganirira n’abakozi b’isuku n’abakarani kugeza batashye.
Igihe.com : Iyo batashye wowe bigenda gute ?
Nyirabukara : Iyo batashye ntembera aho hose kugeza saa tanu cyangwa saa sita z’ijoro zigeze kuko ndara ku kabari ko kwa Laburenti ; ni hano hafi y’isoko rya Kimironko. Ubwo njyayo muri ayo masaha kuko ndara mu kazu bokerezamo inyama, nkabyuka mu ma saa kumi n’ebyiri batarambona, ariko abazamu baho bazi ko mparara.
Nyirabukara yirirwa yiganirira n'abakarani
Igihe.com : None se ko ubana n’abasore mu muhanda ndetse n’aho urara, ku byerekeranye n’imibonano mpuzabitsina ubwo… ?
Nyirabukara : Ntakubeshye naje nzicko nje kubonera amakiriro i Kigali, niyemeza kutagira undi mugabo tubonana ariko nabonye bitashoboka kuko nsabwa na benshi kandi nanjye mba mbishaka. Aho bigeze aha nyikora kuko nshaka icyo kurya, nyikorana n’abakarani, n’undi uje tubyumvikanaho akampa nka magana atanu cyangwa igihumbi.
Igihe.com : None se ko utagira aho uba muyikorera he ?
Nyirakamana : Tuyikorera iwabo cyangwa tukikinga mu gihuru.
Igihe.com : None ntuba ufite ubwoba bwo kwandura SIDA ?
Nyirabukara : Hashize iminsi mvuye muri gereza i Gikondo namazemo ibyumweru bibiri n’igice. Bamfashe hamwe n’izindi mayibobo. Baradupimye basanga ndi muzima, ubu nta muhungu ushobora kunyurira nta prudence.
Igihe.com : Nk’ubu woga ryari ko mbona… ?
Nyirabukara : Mperuka koga…umenya hashize ibyumweru nka bitatu sinibuka. Sindahindura iyi myenda kuva bakayimpa kuko nta yindi ngira, nayambaye …hashize amezi atatu.
Si uyu mugore wirirwa mu muhanda hafi y’isoko rya kimironko kuko hari na bagenzi be bandi baba bari kumwe muri aka gace batagira icyo bakora.

AMATEGEKO YO GUSWERA


Hehe no kwipfubiriza umugore, hehe no kutamenya uko batanga igituba. Dore amategeko yo guswera no gutanga igituba!

1.Birabujijwe guswera utabanje kureba niba ufite umutekano muri icyo gikorwa- urashaka kwishimisha si ukwirahurira umuriro, ntugomba kwihemukira cyangwa uwo mubikorana

2.Guswera ni Urukundo. Niba atari ibyo ni ugufata Ku Ngufu.

3.Guswera ni Imirimo Mbanzirizagitsina. Abakinnyi iyo bajya gukina babanza kwishyushya. Kirazira guhita upfurika Imboro mu gituba cy'umugore ataramenyera, ushobora no kumukomeretsa! Ni byiza ko mutegurira umubiri icyo gikorwa kimena ngo kirusheho kubashimisha

4.Guswera ni Rugongo. Kutamenya iri banga bituma abagabo benshi batihagiriza abagore, bakabasiga mu kirere babahinduye abasizi. Ibi bishobora no kubatera indwara zo mu mutwe cyangwa bakajya kwisambanira. Mu gituba ubwaho habamo uburyohe buke. Abashimisha abagore mu gituba honyine ni abazi gukoresha Akadomo ka G cyangwa abashyukwishijwe cyane. Ariko ibanga ryo guhaza umugore ni Rugongo. Ntugomba kuyirengagiza si umutako ku gitsina cy'umugore, ifite impamvu yashyizweho. Ifite akamaro nk'ak'imboro y'umugabo kandi niho imyakura myinshi y'igitsina gore igenga gusohora no kuryoherwa yirunze. Umugore iyo amaze gushyukwa maze ugakozaho imboro, nta kabuza aranyara akarangiza.

5.Guswera ni Ukuganira. Ntukigire umuhanga. Urukundo ni uguca bugufi ukumva icyo mugenzi wawe yifuza. Ntimugahishanye. Mujye mubwirana uko mwumva mumerewe n'ibyo mwifuza. Umugabo azi ahamushimisha kurusha umugore, n'umugore azi igituba cye n'aho kimushimisha. Niba mutajya muganira se ubundi ubwo muri kumwe mu gitanda mumaramo iki?

-Bumwe mu buryo ushobora gukoresha mugihe ushaka gutereta

Bumwe mu buryo ushobora gukoresha igihe ushaka gutereta
Friday 19 August 2011

Niba ushaka gutereta hari uburyo bwinshi wakoresha muri icyo gikorwa. Reba iruhande rwawe hari abakobwa bicaye bategereje icyayi, hari abarimo gukoresha interinete hafi yawe, hari abo murimo kugendana mu muhanda , niba rero ufite gahunda ushaka n’umuntu mwaba muri kumwe ntiwirirwe ujya kure menya ko muri abo bari hafi yawe ushobora gukuramo umwe.
Ushobora kujya ahantu hahurira ingaragu cyangwa abantu batararushinga
Niba wumva ushaka gutereta ugomba kujya utemberera ahantu hahurira ingaragu nyinshi, ni ukuvuga ahantu hahurira abakobwa n’abasore batararushinga, kuko akenshi usanga aho hantu hari abantu benshi muhuje gahunda. Numara kubona umuntu muhuriye ahantu nkaho ujye uhita utangira gutekereza ahandi hantu ushobora kuzamutembereza.
Kugira ngo ukomeze gahunda ujye ubanza wibaze niba usobonukiwe n’ibyo urimo
Ubundi gutereta ni byiza kandi birashimisha iyo ubikora asobanukiwe neza. Aha rero kugira ngo bikorohere ni uko ugomba kumenyana n’abantu bashya, cyane cyane igihe wahinduye ibyo wakoraga. Igihe cyose utigize umuntu ujunjamye ntuzatinda kubona umuntu utangira kukwiyumvamo nawe wabona byashoboka ugahita utangira umushinga wawe.
Niba ushaka gutereta ukanashaka kwemeza umuntu ujye ugerageza kwereka abantu ko ubuzima bwawe buhinduka bizatuma buri umwe yishimira kuvugana nawe kuko burya muri kamere y’umuntu akunda umuntu utera imbere, ni ukuvuga umuntu utaguma aho ari. Ikindi kintu ugomba kumenya ni uko ubuzima bwo gutereta kimwe n’ubw’urukundo butuma hari ibihe udashobora kuzibagirwa mu buzima bwawe kubera ibyo wagiye ukora, bimwe bikagushimisha cyane , ibindi bikagutangaza cyangwa se bikakubabaza.
Menya kwiyitaho ugira isuku ku mubiri wawe
Niba uri umugabo cyangwa umugore ugomba kugerageza kwiyitaho umubiri wawe ugahora usa neza ku buryo uwakubona atahita atangira kukwibazaho. Niba uri umugore gerageza isura yawe igumane isuku kimwe n’imisatsi yawe. Gusa, kugira isuku k’umubiri ntibivuga kwitukuza ngo uzasange umuntu yahindutse ukundi ahubwo ni ukumenya amavuta ajyanye n’uruhu rwawe kandi ataruhindura. Umuhungu agomba kumenya igihe cyo kwiyogosheshereza naho ufite umusatsi akamenya kuwusokoza.
Menya kwambara ibijyanye n’imiterere yawe
Hari ukuntu umuntu yishuka akavuga ngo hagezweho imyenda runaka akumva nawe yayambara. Ni byo koko ushobora kuyambara ariko ntiwiyibagize ko ushobora kuyambara ntikubere kubera imiterere yawe. Ni uko rero shaka imyambaro ikubereye kugira ngo nugira uwo ujya kubaza izina ujye umuganiriza agusubize aho kugirango ate umwanya atekereza ku myenda wambaye. Ikindi kintu ugomba guha agaciro ni ukumenya amabara akubera kuko burya abantu bose ntibaberwa n’amabara amwe. Kugira ngo wemeze rero ni uko ugomba kureba imyenda ikubereye ifite n’amabara yenda gusa n’umubiri wawe cyangwa aberanye nawo; gusa icyiza ni uko wahitamo amabara atijimye.
Ugomba kunoza imivugire yawe
Akenshi gutereta ntibisaba ibintu byinshi, ntibigora kndi birashimisha. Imivugire rero iza mu bintu bya mbere bifasha igihe umuntu arimo gutereta. Niba uzi kuvuga menya ko gutereta bitazakurushya; ni ukuvuga ko ugomba kumenya amagambo uvuga n’igihe ugomba kuyavugira, ariko na none wabanje kumenya neza uwo uganira nawe, ukamenya ubwoko bw’ibiganiro akunda; niba akunda ibiganiro bisetsa akaba ari byo byinshi umuganiriza, niba akunda ibiganiro bituje akaba ari byo umuhata, niba akunda umuntu uvuga yifashishije ibimenyetso ukabikora uko, gutyo gutyo ushobora gusanga atakibona amahoro mutari kumwe.
Kumenya kuyobora ibiganiro
Niba urimo gutereta umuntu ntuzemere ko mupfa kuvuga ibintu byose mubonye kuko ushobora kumara umunsi wowe nta kintu ugezeho, ahubwo wowe menya uburyo wamuyobora mu biganiro kugira ngo uze kugwa ku ngingo washakaga. Buri kiganiro kigomba kugira intego kandi ntugatangire kuganira wabigize ibintu bikomeye ujye utangirira wabyoroheje noneho n’ugera hagati uze kumubaza ibibazo bikomeye kandi biganisha k’ucyo ushaka kugeraho.

PGGSS Tom Close ni we uyegukanye

 Umuhanzi Tom Close yegukanye insinzi mu irushanwa ry’umuziki Primus Guma Guma Super Star mu Rwanda.
Nyuma y’uko muri iri rushanwa hasezerewe batandatu mu barushanwaga, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Nyakanga igihembo kigiye mu maboko y’umuhanzi uririmba mu njyana ya RnB, Tom Close.
Mu birori byo gusoza iri rushanwa byabereye mu mujyi wa Kigali, Tom Close yakurikiwe na King James, uyu na we akurikirwa na Jay Polly, naho ku mwanya wa kane haza itsinda rya Dream Boyz.
Muri uku gutangaza ibyavuye mu ihitamo ry’abakunzi ba muzika mu Rwanda babigaragaje hakoreshejwe ubutumwa bugufi cyangwa SMS, hari bamwe mu bafana batagiye bishimira uko abahanzi bakunda basezerewe, ku buryo nk’uko byagaragajwe n’uwari uyoboye ibirori (MC) hanabayeho gutera amabuye imbere aho abahanzi bari basigaye mu irushanwa bari bahagaze (kuri stage ).
Ibirori byarangijwe no guturitsa Feu d’artifice cyangwa fire works mu ndimi z’amahanga, bikaba byanaranzwe n’uko uwatsinze irushanwa atabonye umwanya uhagije wo gushimira abafana be kuko nk’uko ababikurikiranye kuri televiziyo y’igihugu babibonye, ijambo ryonyine yavuze ari “Mbere na mbere ndashimira Imana yo mu ijuru.”
PGGSS yari yahataniwe n’abahanzi icumi, abavuyemo mu byiciro bya mbere bakaba ari Rafiki, Mani Martin, Faycal, Urban Boys, Dr Claude na Riderman. Inkuru isesenguye irabageraho bidatinze.