dimanche 27 novembre 2011


IBYIZA BYO GUSOMANA




                         
Nubwo abantu bafata ugusomana mu buryo butandukanye, bamwe bagasomana bitabari ku mutima, abandi bagasomana kubera kumva basomana gusa, ariko igikorwa cyo gusomana kigomba gukoranwa ubushake n’ubwumvumve buhagije kugira ngo kigirire akamaro umubiri wa muntu.
Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho ibyiza byo gusomana bitandukanye nk’uko abashakashatsi babishyize ahagaragara.
Nkuko byanditswe mu gitabo kitwa "1001 petites choses que vous ignoriez sur la sexualité" cyanditswe na Alain Gaudey ngo igikorwa cyo gusomana iyo gikozwe neza gishobora gutwika Karoli (Calories) nyinshi zashoboraga kuba zatwikwa n’igikorwa cy’imyitozo ngororamubiri ihagije. Ubushakashtasi kandi bwerekana ko iyo abantu bari mu gikorwa cyo gusomana buri munota batakaza byibuze Kalori zigera kuri 2 na 3, zikaba zingana n’izo umuntu ashobora gutakaza yirutse metero 500.
Indi mpamvu igaragaza ibyiza byo gusomana ngo ni uko iyo abantu bari gusomana, iki gikorwa gikoresha udutsi duto turenga 12 two ku minwa n’utundi turenga 19 two ku rurimi. Iyi mitsi rero ngo iba ikeneye kunyeganyezwa ikaba kandi ifashwa n’iki gikorwa mu gukomeza akazi kayo ko gufasha umunwa n’ururimi ubwumve bw’ibiyigezeho birimo kuryoherwa mu gihe umuntu ari gufata amafunguro n’ibindi. Ibi ngo bituma umuntu agabanya umunaniro ndetse ubwonko bugasubira gutekereza neza mu mutuzo.
Iyo abantu bari gusomana kandi ngo hari (Hormones) za “Ocytocynes » zinjira mu wo muri gukorana icyo gikorwa bikongera ubwizerane no kwiyumvanamo. Mbese ngo igikorwa cyo gusomana cyongera ikizere hagati y’abashakanye cyangwa abakundana ndetse bikanatuma murushaho kwegerana.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire