mardi 6 décembre 2011

Kubera ubwoba akabariro ka mbere barabanje baragasengera

Kubera ubwoba akabariro ka mbere barabanje baragasengera


Umugabo w’imyaka 34, utarashatse ko izina rye ritangazwa, avuga ko we n’umugore gutera akabariro ka mbere byabagoye kuko muri bo nta wari warigeze akora imibonano mpuzabitsa.
Uyu mugabo, turi bwite Edouard Manirakiza, yarongoye mu mwaka w’1997; icyo gihe akaba atari bwuzuze imyaka 21. Manirakiza avuga ko uwo munsi w’ubukwe bwe we n’umugore we bagize ubwoba bwinshi cyane ku buryo ngo babuze uko batangira igikorwa nyirizina, buri wese yareba undi akamutinya. Nyuma rero, ngo umugore yamugiriye inama yo kubanza bakabisengera .
Uyu mugabo wasezeraniye mu idini ya ADEPR avuga ko gutera akabariro ka mbere byamubereye ikizamini gikomeye kuko atari azi uko yabigenza usibye kumva bavuga ngo umugore n’umugabo bararyamana.
Ati : «Mu by’ukuri njye numvaga ntazi icyo ndibukore, madamu wari wagize ubwoba arabwira ngo tubanze dusenge, twarasenze nyuma yaho birakoreka’’.
Manirakiza kuri ubu ufite abana batanu. Uyu mugabo avuga ko bakimara gutera akabariro ka mbere ubwoba bwagiye bubayoyokamo buhoro buhoro bagera aho barabimenyera.
Ku birebana n’uko umugore we yari kumwanga kuko atazi gukora imibonano mpuzabitsina Manirakiza avuga ko bitari gushoboka kuko nawe atari abifitemo ubumenyi .
Ati : « Iyo aza kuba yarabikoze nibwo yari kunyanga ariko nawe nta cyo yari yiyiziye ; yari umukobwa w’isugi wakuriye mu cyaro’’.
Icyakora ariko Manirakiza avuga ko nyuma yagiye abimenya kuko yabitinyutse akabasha no kwegera abandi bagabo bafite abagore bakamwigisha uburyo bikorwamo.
Ati : « Umwaka wagiye gushira nta cyo wambeshya ; njye na madamu dusigaye tubisobanukiwe buri wese aranyurwa ku ruhande rwe ‘’.
Uyu mugabo wavukiye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara kari mu ntara y’Amajyepfo avuga ko gushaka umugore ari byiza cyane cyane iyo uzi igutuma umushatse.
Manirakiza wakuze akora akazi k’ubufundi avuga ko kuva yashaka kugeza ubu atarigera yicuza impamvu yashatse kuko ibyo yifuzaga byose kurushako yabigezeho.
Ati : «Nashatse umugore nshaka ko azakumfasha kurera barumuna banjye nari narasigaranye no kugira ngo amfashe mu kwiteza imbere none byose nabigezeho ni byo ntarageraho mfite ibyigiringiro byo kuzabigeraho’’.
Akomeza avuga ko kubera gushaka umugore yageze kuri byinshi birimo , inzu ebyiri , imwe i Kigali indi mu cyaro i Save, umugore we yabashije kubona icyo akora.

Ibintu 10 abagabo bakunda ku bagore

Ibintu 10 abagabo bakunda ku bagore
Tuesday 6 December 2011

Ubushakashatsi ku biranga umugore mwiza bukomeje kuba bwinshi mu bice byose by’ isi, bashakisha ibintu by’ ingenzi cyane abagabo bakenera ku bagore. Hano twabakusanyirije ibintu 10 byatuma umugore ubyujuje ateretwa n’ abagabo bose, nk’ uko ubushakashatsi butandukanye bwagiye bubigaragaza.
1. Agomba kuba afite amaso meza
Ibi byemejwe n’ ikinyamakuru kimwe cyandika ku bagore nyuma y’ ubushakashatsi bwakozwe ku bantu 9000 kuri interineti. Iki gice cy’ umubiri kikaba cyaravuzweho gukurura abagabo cyane kurusha ibindi umuntu yakeka (abavuze ko bakunda ijwi ni 3%, abakunda imisatsi ni 6%, igihagararo ni 15%, naho 21% bemeza inseko). Amaso yarushije ibi byose kuko yagize 40% by’ amajwi y’ ababajijwe bose.
2. Agomba kuba atuje
Nk’ uko ubushakashatsi bwabanje bubigaragaza, ubwenge ntabwo bukwiye kwirengagizwa (bwagize 18%), gusa umutuzo uza imbere y’ ubwenge kure kuko wabonye amajwi 46%.
3. Agomba kuba ateye neza
Ubushakashatsi bwakorewe ku bagabo ibihumbi bibiri bwo bwerekanye ko abagera kuri 45% bikundira abagore bateye ukuntu gushimishije amaso yabo, mu gihe abandi 34% bakururwa n’ abagore cyangwa abakobwa bananutse.
4. Agomba kuba yambara kigore
Abasubije ku rubuga internaute.com, 50% bivugiye ko umugore mwiza agomba kuba yambaye inkweto ndende, imitako ku mubiri we ndetse yambaye n’ akajipo. Ibi ariko ngo ni byiza ku bagore batangiye gukura, kuko abasubije bagera kuri 55% bavuze ko bikenewe ko umugore yambara kigore igihe afite hagati y’ imyaka 45 na 55, naho abagera kuri 54% bavuga ko ibi bikenewe ku bagore bari hejuru y’ imyaka 55.
5. Agomba kuba afite uturangabwiza mu maso
Uru rubuga ruvuga ko abo rwabajije bagera kuri 42%, bemeje ko uturangabwiza dukurura benshi. Aha twavuga nk’ amaso y’ amatama (fossettes) ndetse n’ akananwa gasa nk’ akaguyemo, nabo ngo bakurura abagera kuri 23%. Gusa aha ntitwakwemeza ko ibi abanyarwanda babireba igihe bagiye gutereta.
6. Agomba kuba azi kwiyitaho
Ubushakashatsi bwerekanye ko umugore mwiza agomba kurangwa n’ isuku idasanzwe, kugira ngo arushe abandi. Agomba kuba atirengagiza utuntu twose ndetse n’ uduto, nk’ imitere y’ icyumba akoreramo, imodoka agendamo, cyangwa se imyenda yambara.
7. Umufaransakazi ajya aba mwiza
Ubushakashatsi bwakozwe n’ urubuga ruhuza abantu Meetic, rwagaragaje ko mu bagore bo mu bihugu bitandukanye bigize isi, abafaransakazi ngo baba bitwara neza ku buriri kurusha abadagekazi, abanya-espanye, abongereza n’ abandi. Icyakora ariko uru rubuga ntacyo rwigeze rutangaza ku banyarwandakazi.
8. Agomba kuba afite imisatsi y’ umukara, myiza
Mu bazungu, habamo abafite imisatsi yenda kuba umweru, ndetse n’ abafite iy’ umukara. Ubu bushakashatsi rero, bwerekanye ko abagera kuri 53 bikundira abagore bafite imisatsi y’ umukara.
9. Agomba kuba afite imisatsi miremire
58% by’ abagabo babajijwe, bemeje ko umugore aba ari mwiza cyane iyo afite imisatsi, gusa ngo kubera hadutse imisatsi y’ imiterano abemeje iyi ngingo ni 9% gusa.
10. Agomba kuba arimwo umukozi
Abagabo bagera kuri 60% bemeza ko umugore ufite akazi, byaba ngombwa akaba afite icyo ayobora bimwongerera amahirwe yo kuba yakurura abagabo.
Ubu bushakashatsi bwakozwe n’ abantu batandukanye mu bihugu byateye imbere. Ibi bivuze ko hari bimwe mu byo bishimira ku mugore bishobora gutandukana n’ ibyo abagabo b’ abanyarwanda bakunda.
Umwe mu banyamategeko bunganira madamu Victoire Ingabire yabwiye urukiko ko “umutwe w’ingabo wa CDF Ingabire ashinjwa kugira uruhare mu kurema ni uwo Vital Uwumuremyi, ubwe yihimbiye kuko ntaho ugaragara ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ikorera mu karere”.
Ano magambo, maitre Gatera Gashabana, yayavuze kuri uyu wa mbere, tariki 05 Ukuboza 2011, ubwo uruhande rw’abanyamategeko bunganira Ingabire rwariho rugeza ku rukiko icyo rutekereza ku bisubizo byantanzwe ku bibazo 150 rwabajije Majoro Vital Uwumuremyi na Lt Col Tharcisse Nditurende.
Uwumuremyi na Nditurende baregwana kandi bakanashinja Madamu Ingabire Victoire bimwe mu byaha aregwa birimo n’icyo gukorana n’umutwe w’iterabwoba.
Me. Gashabana, yavuze ko “nta na hamwe hagaragara imikoranire hagati ya Lt Col Tharcisse Nditurende na Ingabire mu gihe Nditurende yari i Burundi ngo kandi nyamara ubushinjacyaha buvuga ko Ingabire yari umuyobozi w’ikirenga we mu gikorwa cyo gushyiraho umutwe wa gisirikare wo kurwanya Leya y’u Rwanda.
Uno munyamategeko yabwiye urukiko ko imwe mu nimero z’ikinyamakuru umuseso, kuri ubu cyahagaritswe mu Rwanda, yigeze kuvuga ko hari gushakishwa abantu bo gushinja Ingabire Victoire.
Ku birebana n’ibyasubijwe na Nditurende, Me. Gashabana, nk’uko BBC ibitangaza, yabwiye urukiko ko [Nditurende] ari umuntu waguye mu mutego w’ubugambanyi yatezwe na Vital Uwumuremyi afatanyije n’inzego z’ubutasi.
Kuri Me. Gashabana, ngo ntibihagije kuba ubushinjacyaha buvuga ko Vital yafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Kongo Kinshasa.
Ku bw’iyi mpamvu, yasabye urukiko kubaza abinjira n’abasohoka, avuga ko bakoze impapuro yise “des faux papiers”, tugenekereje bisobanuye impapuro mpimbano.
Yanasabye kandi urukiko kwifashisha impuguke zigasuzuma zimwe mu nyandiko ubushinjacyaha buvuga ko Ingabire yandikiranaga na Vital Uwumuremyi, aho ngo ubutumwa bumwe bwoherejwe saa sita n’iminota 50 z’amanywa kandi ngo igisubizo cyabwo kikaboneka nk’isaha imwe imbere y’uko bwoherezwa.
Me. Murenzi wunganira Vital Uwumuremyi ntiyigeze yanga kiriya cyifuzo cy’uko hakwifashishwa impuguke.
Gusa, ku birebana na kiriya kibazo cy’amasaha akemangwa n’uruhande rw’abunganira Ingabire, Maitre Murenzi ngo atekereza byaba bifitanye isano n’amasaha atari ku gihe yo kuri mudasobwa ubwo butumwa bwohererejweho.
Me. Murenzi avuga ko ibyavuzwe na Majoro Uwumuremyi na Lt col Nditurende byose byuzuzanya ndetse ngo nta kuvuguruzanya kubirimo.